IBIKORWA N IMYIFATIRE Y UMUBIRI KU BASANGIYE MISA.


Imyifatire y'umubiri abasangiye misa bagomba kugira  ni ikimenyetso kiranga umuryango w'ubumwe bw'iteraniro koko rero byerekana ko abafatanyije baba bahuje umutima n'amatwara kandi bikabafasha byongeye kandi umuntu usanga agira indi myifatire y'umubiri igaragaza icyubahiro afitiye Imana cyane cyane mu ikoraniro rya liturijiya.

Ubusanzwe imyifatire y'isengesho ni uguhagarara no gupfukama ariko hari n'igihe biba ngombwa kwicara,kunama,kuzamura amaboko,gufatanya ibiganza kurambura ibiganza ku muntu no ku bintu gukora ikimenyetso cy'umusaraba n' ibindi.

1.Guhagarara :ni imyifatire iranga umuntu muri litulijiya ni n'imyifatire igaragaza icyubahiro duha Imana,Abayisiraheli bakunda gusenga bahagaze.Guhagarara muri litulijiya kandi ni imyifatire igaragaza ukuzuka kacu hamwe na kristu ku bwa batisimu twahawe we watugobotoye ku ngoyi y'icyaha n'urupfu akatugira abana b' Imana.Imyifatire igaragaza gutekereza,kwakira icyo Nyagasani amubwira no gutekereza ihindukira rya Yezu.

2.Kunama :bigaragaza icyubahiro duha Imana yigize umuntu twunamira kandi umusaraba, ishusho rya Bikiramariya na Altari niyo duhabwa umugisha ingabire y'Imana ikatumanukiraho.

3.Kwicara :Ni imyifatire y'uteze amatwi ijambo ry'Imana imyifatire y'uzirikana

4.Kuzamura amaboko :Ni ikimenyetso cy'uhereza ituro cyangwa utakamba

5.Gufatanya ibiganza :bigaragaza icyubahiro cyangwa se mu mihango y'abiyeguriye Imana bikumvisha kwishyira mu maboko y'Imana ukiyemeza kumvira abakuyobora.

6.Kurambura ibiganza ku muntu :Mu masakaramentu amwe cyangwa se igihe batanga umugisha bisobanura ko inema ntagatifu itanzwe cyangwa se ububasha imbaraga z'Imana bihawe uwo muntu ni ikimenyetso bakoresha batanga ubutumwa

7.Ikimenyetso cy'Umusaraba :bagikoresha batanga umugisha mu isakaramentu rya penetensiya n'ugukomezwa bijyana n'ikimenyetso cyo kuramburirwaho ibiganza.kitwibutsa batisimu twahawe tukinjira mu muryango urangwa n' umutsindo w'umusaraba.Ni igikorwa cyo kwiringira kwacu no kutwibutsa ukwicisha bugufi kwa Yezu kwagaragariye mu rupfu ku musaraba.ko ariyo myifatire yadukinguriye umubano hamwe n'Imana(ijuru).kikatwumvisha ukuntu urukundo rwayo rushobora byose rwo rukura icyiza mu kibi, muri iyi isi yacu yuzuye amaganya n'imibabaro.Ni ikimenyetso cy'amizero ku buryo bw' umwihariko.

8.Kwikomanga ku gatuza :tubikora twicuza ibyaha byacu twerekana ko twemeye ububi bwacu bityo tugafata n'umugambi wo kubinesha.

9.Ikimenyetso cy'Umusaraba ku gahanga ku munwa mu gatuza :bivuga ko ijambo ry'Imana tugiye kumva (ivanjiri)tugomba kurishyira mu bwenge bwacu,tukaryamamarisha umunwa wacu,tukanaribika mu mutima tugatungwa naryo tukabana naryo kandi rikatuyobora.

10.Kuramya gutera ivi :bivuga ko Imana yonyine ariyo dukwiriye kuramya.Niyo mpamvu ari itegeko gutera ivi igihe cyose unyuze imbere y'Isakaramentu ritagatifu cyangwa imbere y'ubushyinguro butagatifu ibyo tukabikora kugira ngo duhe Imana icyubahiro yo yihinduye ubusabusa kugira ngo itwegere muri Kristu.

 

Ibi wabisanga mu gitabo cy'Abasaveri cyitwa UMUHUZA NO 18

Amatangazo



   

ABASAVERI MU RWANDA 11-10-2024 Kwamamaza
Soma Birambuye