URUZINDUKO RWA KOMITE Y IGIHUGU MURI DIYOSEZI YA CYANGUGU

 URUZINDUKO RWA KOMITE Y'IGIHUGU MURI DIYOSEZI YA CYANGUGU

Nkuko urwego rw’ igihugu rugira iteganyabikorwa rya buri mwaka, rikubiyemo ibikorwa bya komite y igihugu, muri ibyo bikorwa, ibyinshi n’ukwegera abasaveri bakifatanya mu bikorwa baba bateguye mu madiyosezi yabo.

 Ni muri urwo rwego  kuwa 27-28/12/2024, abagize komite National bafatanyije n’abasaveri bahagarariye abandi muri diyosezi ya Cyangugu, kwibuka no kongera kuzirikana ubuzima bw’abasaverikazi batatu baguye mukiyaga cya Kivu kuwa 06/09/2009 ubwo bavaga I Nyamasheke berekeza ku Muyange mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’umuryango w’abasaveri no gusura abasaveri ba Paruwasi ya Muyange. Aribo Betilde NYIRANTEZIMANA Martha NYIRANZABANDORA, Julienne NYIRANSABIMFURA.


 

Mu rwego rwo gukomeza amateka y’aho abo bana bitabye Imana bari mu butumwa aho barambitse imirambo yabo bakimara kubavana mu Kivu, ubu abasaveri ba diyosezi ya Cyangugu bahubatse ikimenyetso (moniment) ku buryo bo kubwabo aho hantu bahafata nk’ahantu hatagatifu kuko hahawe umugisha na Kiliziya. Ubu ubuyobozi bwa Kiriziya muri Diyosezi ya Cyangugu, bwatanze uburenganzira bwo kujya hasurwa ndetse hagasomerwa Misa, kugeza ubu abasaveri batangiye kujya bahahurira buri mwaka nagafatanya gusabira abavandimwe babo. 












Kuwa 28/12/2023, Abagize komite y’igihugu bafatanije n’abasaveri ba diyosezi ya Cyangungu baturiye hamwe igitambo cy’ ukarisitiya basabira abo bana, n’ igitambo cyatuwe na  Padiri Clement Niyonsaba Omoniye w’abasaveri ba Diyosezi ya Cyangugu afatanyije  Padiri Claude omoniye w’umutwe wa Muyange .

Igice cy'ubutaka bwubatseho moniment, cyatanzwe n'umu kristu wa Paruwase Muyange kuberako yakunze abasaveri cyane, akaba ariho abasaveri ba Diyosezi bahurije ubushobozi bakubaka ikimenyetso bazajya bibukiraho abasaveriri baguye mubutumwa gusa kuhubaka ntibirarangira bikazajya bikorwa uko babonye ubushobozi. Murwego rwo gushyigikira icyo gikorwa cyo kubaka moniment kuri uwo munsi  urwego rw’igihugu rwatanze inkunga.  



Abasaveri ba Diyosezi ya Cyangugu bishimiye uru rugendo rwa kaomite National, ndetse bongeye kubona umutware w'abasaveri kurwego mpuzamahanga kuko nawe yaje kwifatanya na komite uwo munsi.


Turashimira abasaveri ba Diyosezi ya Cyangugu akazi katoroshye bakoze kugirango ayo mateka atazibagirana.

Ubutumwa ni ngombwa,  Urukundo niyo ntego!


Andi mafoto yaranze urugendo







Basaveri ,Basaverikazi 

« Tugendere Hamwe, Dufatanye  Kurera Umusaveri Ubereye Kiliziya n’igihugu»